1 minute read

Y'Imibabaro ya Kristo

Yesu yakunze guhagarara ashikamye nk’igiti cy’inganzamarumbo cy’umwerezi, yihanganiye umugaru mwinshi w’abamurwanya; wabyo cya gihe yari wenyine ahanganye n’imbaraga z’umwijima. Abantu badashobotse, bafite imitima yuzuye uburyarya n’ubuhendanyi, bagerageje cyane kuganza Yesu no kumutera urujijo ariko ntibabigeraho. Yahagaze mu mbaraga z’icyubahiro cy’ijuru nk’Umwana w ’Imana. Ariko noneho yari ameze nk’urubingo rwagoramishijwe n’umuyaga ukaze, munsi yumutwaro wicyaha no gukorerwa iyicarubozo ndengakamere ...

Imyaka amagana mbere yo kubambwa kwe. Haranditswe ngo, “Kuko imbwa zingose, umutwe w’abanyabyaha untaye hagati, bantoboye ibiganza n’ibirenge.

Mbasha kubara amagufwa yanjye yose, bandeba bankanuriye amaso. Bagabana imyenda yanjye, bafindira umwambaro wanjye.” Abanzi ba Yesu bakomeje kumugaragariza uburakari ubwo yari amanitse ku musaraba. Abatambyi, abakuru hamwe n’abanditsi bifatanije n’abashungeraga Umukiza maze bakomeza kumutuka. Iki gitabo gihamya urukundo rwagaciro, ubuzima butagira iherezo nishyakaryinshi ryaKristo.

This article is from: